Umwana yishe nyina bapfuye icyayi

Umwana yishe nyina bapfuye icyayi

May 29,2023

Amakuru dutesha Radio Emuria FM, avuga ko uwo nyakwigendera witwa Robin Barasa w’imyaka 53, yishwe n’umuhungu we nyuma y’amakimbirane bagiranye.

Uwo musore ngo yasabye nyina icyayi hanyuma nyina amubwira ko ari bukimuhe avuye guhinga mu murima w’ibigori.

Uyu musore ngo ntabwo yahise abyumva ahubwo yahise afata umuhoro, atema nyina amuca umutwe.

Nyuma y’aho amakuru amenyekanye, abaturage baratabaye bahageze basanga uwo musore amaze kwica nyina, maze n’uburakari bwinshi bahita bakubita uwo musore kugeza na we ashizemo umwuka.

Ibi byabereye mu gace kahitwa Alupe mu karere ka Busia ku wa Gatatu w’icyumweru dushoje.

Imirambo ya banyakwigendera yahise itwarwa mu buruhukiro bw’ibitaro kugira ngo ikorerwe isuzuma.