Dore amabanga 6 yo gutera akabariro buri mugore wese akwiriye kumenya

Dore amabanga 6 yo gutera akabariro buri mugore wese akwiriye kumenya

  • Dore ibyo buri mugore akwiye kumenya ku gutera akabariro

  • Ibyo umugore akwiye kwitaho kugirango aryoherwe n'akabariro

  • Ibyo umugore yakora kugirango ashimishe umugabo we

Nov 27,2022

Menya amabanga 4 yo gutera akabariro buri mugore akwiye kumenya.

Ushobora gutekereza ko ubirambyemo cyangwa ntacyo umuntu yakubeshya ku bijyanye n’amabanga yo mu buriri, ariko burya ngo utazi ubwenge ashima ubwe kandi ngo akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze. Ibijyanye no gutera akabariro bisaba guhora wiyungura ubumenyi buri munsi, hato ngo igikorwa cyagushimishaga kitazasigara kikururira.

Mu nkuru y’urubuga elcrema berekana ko n’ubwo akabariro kagirwamo uruhare n’umugabo n’umugore, ariko biba byiza iyo hari amabanga umugore yamenye yatuma icyo gikorwa kigenda neza.

Amwe muri ayo mabanga umugore agamba kuba azi harimo:

1. Umugabo aba ashaka ko umubwira uko igikorwa kirimo kugenda

Buri mugabo mu buriri aba ashaka kuba igihangange, aba ashaka gushimisha umugore kurenza undi muntu uwo ariwe wese bahuye mbere ye.

Mu gihe rero cyo gutera akabariro, aba yiteze ko wowe mugore umubwira ukanamushimira uko igikorwa kirimo kugenda kugira ngo arusheho kugira akanyabugabo, no gukora neza kurenzaho.

2. Bwira umugabo wawe ko ateye neza ukimubona

Abagabo bashobora kugira ipfunwe ry’imiterere yabo y’umubiri cyangwa ibiro byinshi cyangwa bike, uburebure cyangwa ubugufi, uburyo ateye inyuma (physical appareance) n’ibindi, iyo rero afite ipfunwe ashobora kudakora neza igikorwa cyo gutera akabariro.

Ni byiza ko wowe mugore umutinyura ukamwereka ko ateye mu buryo wowe ukunda, ibyo bimufasha kuzuza inshingano ze neza mu buriri.

3. Kutamuca inyuma

Umugabo wese yanga byimazeyo umugore umuca inyuma, n’iyo we yaba abikora.

Iyo rero umugabo wawe aziko umuca inyuma bimutera umutima mubi, igikorwa cyo gutera akabariro ntagikore mu buryo nawe bugushimisha, bigasa no kurangiza umuhango.

Umugore wese agomba kumenya ko kugira ngo akabariro kagende neza ari uko agomba kuba adaca inyuma umugabo we, yaba anabikora umugabo we ntabimenye kuko nibwo bose babasha gushimishanya ntawe ucyeka undi amababa.

4. Gerageza kumwereka ko nawe umushaka

Hari abagore benshi batajya baha iki kintu agaciro nyamara ni ingenzi cyane. Iyo umugabo ari we uhora agusaba ko mutera akaabariro ashobora kugeraho akumva ko utamwishimira cyangwa atagushimisha bihagije cyangwa se ko ufite undi we ukaba utamwitayeho.

Ni byiza rero ko rimwe na rimwe uba ari wowe umusembura ukamwereka ko umukumbuye. Ibi bizatuma yumva ko umuha agaciro kandi ko nawe uba umwifuza bityo nawe akore uko ashoboye kugirango agushimishe.

5. Kugira uruhare mu gikorwa nyirizina

Ntukwiye kwicara ngo utegereze ko umugabo ari we ukora byose ahubwo nawe gerageza ugire ibyo ukora niba ari ugutegurana kurikira ibyo akora nawe ugire ibyo umukorera, kandi nimugera mu gikorwa ugerageze kugendana na we kandi ugerageze kumukorakora buhoro buhoro kugirango yumve ko muri kumwe.

6. Ibuka kumushimira igihe igikorwa kirangiye

Gushimira ni byiza no mu bisanzwe iyo umuntu hari icyo agukoreye uba ugomba kumushimira rero na hano ni byiza cyane kuko bituma umugabo abona ko uha agaciro ibyo agukorera bityo akajya yinjira mu gikorwa yishimye.