Intore ntipfa ivuna umugara -  Reba umuvugo umubyeyi wa Yvan Buravan yamuhimbiye

Intore ntipfa ivuna umugara - Reba umuvugo umubyeyi wa Yvan Buravan yamuhimbiye

Oct 19,2022

Nyuma y’amezi abiri umuhanzi Yvan Buravan wari umaze kwigarurira imitima ya benshi umubyeyi we ari we se umubyara yamuvuze ibigwi yifashishije umuvugo yamyhimbiye.

Yvan Buravan yitabye Imana ku wa 17 kanama 2022 apfa yujuje urubuga ruriho ibikorwa bye ndetse n’imishinga yateganyaga, kuri ubu hamaze gufungurwaho ‘page’ nshya iri gutangirwaho ibitekerezo ku bifuza kugaragaza amarangamutima yabo.

Abarimo abavandimwe be, inshuti n’abavandimwe bari mu ba mbere bagaragaje agahinda urupfu rw’uyu muhanzi rwabasigiye binyuze kuri uru rubuga.

Se we yahereye mu kuvuka kwa Yvan Buravan kugeza ubwo yitabye Imana avuga ibigwi uyu muhungu.

Umuvugo yamuhimbiye yawise Intore ntipfa ivuna umugara.

Intore ntipfa ivuna umugara

Mbega ibyago, mbega amakuba

Yo kubura umwana wawe ukunda

Akaba na bucura mu muryango

Agiye ari muto tukimukeneye.

 

Mbega agahinda gashengura umutima

Intimba idashira tuzahorana

Ariko ntacyo twabikoraho

Amarira yo twarihanaguye

 

Koko burya nta bajyana

Kandi kwiyahura kuraguma

Twarabyakiriye turanuma

Twizeye ko tuzabonana.

 

Umunsi umwe koko tuzahura

Ari nta marira, nta gahinda

Ahubwo twishimye tunezerewe

Nibyo byiringiro bidukomeza

 

Nibyo bimpoza nkumva ntuje

Umutima ugasubira mu gitereko

Bitabaye ibyo, kubaho bimaze iki ?

Ubu afite amahoro iyo yagiye.

 

Yvan sinabona uko mubabwira,

Akivuka twashimiye Imana

Akura ari bucura mu muryango

Muri batandatu ariwe uheruka.

 

Murumva namwe ko yarakunzwe

N’ababyeyi n’abo bavandimwe,

Akura bisanzwe nk’abandi bana

Agakunda gukina cyane umupira.

Yize bisanzwe nk’abandi bose

Ndetse rimwe na rimwe tukamuhwitura

Yarangaye cyangwa yirengagije,

Rimwe na rimwe hakabaho igitsure

 

Amaze kuba ingimbi bishyira ubusore

Yaganjwe n’inganzo aba umuhanzi

Ahitamo guhanga no gutarama gitore

Araririmba bishyira cyera.

 

Biteye kabiri ahabwa igikombe

Nyuma yo guhatana iyo mu mahanga,

Kuva icyo gihe aba aramamaye,

Akuza igikundiro n’ubuhanga.

 

Yakunze n’umuco ayoboka gakondo

Agamije ko yanda ikagera i mahanga

Kuririmba kinyarwanda abijyamo neza

Gutarama gitore abigira intego.

 

Abyitaho agamije kubikundisha abato

Intego ari imwe yo guteza imbere

Indirimbo z’iwacu avoma mu muco

No kugaragaza ubuhanga burimo.

 

Yagiraga ishyaka no gukunda igihugu

Byari bitangaje ku kigero nk’icye,

Yakundanga abantu, abakuru n’abato

Abasaza, abakecuru n’abana bavuka.

 

Yafashaga abahanzi bato bamwiyambaza

Yasuraga abantu akabataramira

Bakishima maze nawe akizihirwa

Natwe ababyeyi akaduhoza ku mutima.

 

Yvan yabayeho ubuzima bwuje urukundo

Akagira urugwiro, akagwa neza.

Yakundaga cyane kwitangira abandi

Bwari ubuzima bwe bwa buri munsi.

 

Yakundaga kuganira, guseka no gutebya

Kwishongora no kuvuga neza bya gitore.

Yaharaniraga indangagaciro nyarwanda

Kwihesha agaciro ndetse no kwigira.

 

Yvan aragiye ashoje urugendo

Ubuzima bugufi bwuzuye byinshi.

Yaratunguwe yifuzaga gukomeza

Nyirumuringa aho aziye atega ukuboko.

 

Yagize umwanya wo kwitegura

No kwiyegurira Imana rurema

Imirimo myiza iramutegereje

No guhabwa ikamba ryo kwizera.

 

Adusigiye umurage w’urukundo

Kuvuga ko rutakibaho ni amahomvu

Mureke turusigasire ubuziraherezo

Maze rwogere mu Rwanda rwacu.

 

Agiye aheza agiye agikunzwe

Nta mpamvu yo guhora mu gahinda

Twese abawe waduteye ishema

Tuzahora tuzirikana ubwo butwari.

 

Aragiye Burabyo butatse u Rwanda,

Akuzukuru ka Sayinzoga, Ruhutuwishyanga

Umutware w’indashyikirwa, araturikannye

Inkongi cyane arazibukiriye.

 

Abamarayika bamwakiriye bishimye

Aho Imana rurema itetse i jabiro

Mu gitaramo cy’abakiranutsi

Aruhutse imihate ya hano ku Isi.

 

Erega ni heza hariya agiye

Ntawujyayo ngo yifuze kugaruka,

Genda ngabo ihamye uri umutabazi

Tuzagukumbura iteka tukiriho.

Uzatashye abakurambere b’intwali

Rugemana ay’ikobe n’abe bana

Rutaraswinyuma n’abuzukuru be

Bazatuvuganire abato ntibagapfe.

 

Bose uti abo mwasize inyuma mutahe

Babahoza ku mutima buri munsi

Uko iminsi igenda idahagarara

Iba yihutira kuduhuza tuzabonana.