Rayon Sports yashakaga Caleb yakorewe gapapu n'ikipe yamutanzeho byinshi cyane

Rayon Sports yashakaga Caleb yakorewe gapapu n'ikipe yamutanzeho byinshi cyane

  • Caleb yerekeje muri Afurika y'epfo

Aug 18,2022

Rutahizamu ukomoka mu Burundi,Bimenyimana Bonfils Caleb, uyu munsi arasinya amasezerano mu ikipe ya Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo nyuma y’iminsi akorera imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yanifuje kumuganiriza.

 

Kuwa 12 Kanama nibwo Perezida w’ikipe ya Rayon Sports,Uwayezu Jean Fidele yatangaje ko bari bafite gahunda yo kuganiriza Bimenyimana Bonfils Caleb kugira ngo barebe ko bamusinyisha ariko Kaizer Chiefs yatanze byinshi niyo iri buze kumwegukana.

 

Uyu musore yasubiye muri Afurika y’Epfo muri iki cyumweru ndetse arerekanwa uyu munsi.

 

Mu minsi ishize, Bimenyimana Bonfils Caleb yatsindiye u Burundi igitego bakiniye muri Afurika y’Epfo bituma ikipe ya Kaizer Chiefs imwifuza.

 

Yamuhaye umwanya wo gukora igeragezwa araritsinda, ikipe ishaka kumuha imyaka 3, umutoza asa nk’ujijinganyamo byatumye Caleb aza i Kigali muri Rayon Sports akora imyitozo.

 

Chiefs babonye amafoto ya Caleb mu myitozo ibintu birahinduka bifuza kumugarura ariko nawe ahagarika itumanaho ribahuza nawe.

 

Chiefs yakoresheje ibishoboka byose ngo uyu musore asubire muri Afurika y’Epfo none byarangiye abumviye ubu biteguye kumusinyisha.