Nyamagabe: GItifu w'umurenge yashyize akagari muri guma mu rugo aterwa utwatsi n'akarere

Nyamagabe: GItifu w'umurenge yashyize akagari muri guma mu rugo aterwa utwatsi n'akarere

Aug 04,2021

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa 3 Kanama 2021 bwatesheje agaciro amabwiriza yo kwirinda Covid-19 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare yashyiriyeho abaturage ayoboye.

Amabwiriza uyu Gitifu witwa Ndagijimana Gustave yayashyizeho kuri uyu wa 3 Kanama 2021. Arimo irishyira Akagari ka Gatare muri Guma mu Rugo guhera tariki ya 4 kugeza ku ya 14 Kanama 2021.

Itangazo Gitifu Ndagijimana yashyizeho umukono risobanura ko iyi Guma mu Rugo yatewe n’ubwandu bwa Covid-19 bukomeje kwiyongera, cyane cyane muri aka Kagari.

Hashingiwe kuri iri bwiriza rya Guma mu Rugo, Gitifu Ndagijimana yafashe icyemezo cy’uko: ingendo zijya cyangwa ziva mu Kagari ka Gatare zibujijwe, abagatuyemo abasaba kuguma mu rugo, imodoka, moto n’amagare bibuzwa gutwarira abagenzi muri aka kagari, asaba abaturage bose gukorera mu ngo, afunga SACCO na koperative y’abahinzi b’icyayi ya COTHEAB, asaba abakozi baho gukorera mu ngo n’andi…

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma yo kubona iri tangazo, bwifashishije urubuga rwa Twitter bumenyesha ababukurikira ko buritesheje agaciro, kubera ko Gitifu Ndagijimana adafite ububasha bwo gushyiraho aya mabwiriza.

Bwagize buti: “Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe burasaba abantu bose kudaha agaciro iri tangazo kuko uwafashe umwanzuro nta bubasha abifitiye. Abaturage b’Akagari ka Gatare barakomeza gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, bubahiriza amabwiriza asanzwe yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi mike no mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke humvikanye amakuru y’uko Gitifu wawo yategetse ko butiki zose zifungwa, umuturage ukeneye guhaha ibiribwa akajya abisabira uburenganzira Gitifu w’Akagari, akaba yarabikoze mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 mu bo ayoboye.

Ubusanzwe amabwiriza nk’aya ashyirwaho na Guverinoma y’u Rwanda yonyine, nta bo mu nzego z’ibanze bafite ububasha bwo kuyashyiraho, ari nacyo ubuyobozi bwa Nyamagabe bwashingiyeho butesha agaciro amabwiriza ya Gitifu Ndagijimana.