Uwari Lt muri polisi mu Rwanda ari mu Bubiligi aho asigaye yitwa ikimashini kubera gukora imirimo y'ingufu

Uwari Lt muri polisi mu Rwanda ari mu Bubiligi aho asigaye yitwa ikimashini kubera gukora imirimo y'ingufu

Jul 27,2021

John Simbaburanga wahoze muri Polisi y'u Rwanda ku ipeti rya Liyetona, hari amakuru ko asigaye aba mu nkambi yo mu Bubiligi aho akora imirimo y'ingufu ituma bamwita Ikimashini.

 

Mu gihe we avuga ko aba muri Afurika y'Epfo, KT Press ivuga ko yamenye ko aba mu gisa n'inkambi ya gisirikare ya Arendonk muri Antwerp. Aha ngo ahabana na mukuru we witwa Didier.

 

Uyu azwiho kuvuga nabi ubutegetsi bw' u Rwanda, ku bwo gukora akazi k'ingufu ngo basigaye bamwita "Ikimashini"

 

Umwe mu Banyarwanda baba hanze yabwiye KT Press ati " Simbaburanga azwi nk'ikimashini muri Arendonk. Iyo Ababiligi bakeneye uwo guterura ibintu biremereye ni we batumaho. Ni ikimashini.""

 

Uyu mugabo amaze imyaka yaka ubuhunzi ariko yarabwimwe.