Miss Muyango aritegura kwibaruka imfura ye

Miss Muyango aritegura kwibaruka imfura ye

Jul 19,2021

Miss Muyango Claudine ari kwitegura kwibaruka imfura ye na Kimenyi Yves ukinira Kiyovu Sport bamaze igihe bakundana ndetse wamaze no kumwambika impeta y’urukundo.

 

Amakuru yo gutwita k’uyu mukobwa si mashya mu matwi y’abakurikiranira hafi ubuzima bw’ibyamamare mu Rwanda, ariko ni amakuru yakunze kugirwa ibanga rikomeye.

 

Mu bihe bitandukanye Uwase Muyango na Kimenyi Yves bagiye bashimangira urwo bakundana ku mbuga nkoranyambaga ndetse hari n’amakuru yavugwaga ko babana mu nzu.

 

Muri Nzeri 2019, Kimenyi Yves yanditse kuri konti ya instagram, abwira Muyango ati “Sinitaye ku nshuro mvuga ko ngukunda, buri gihe ngukunda birenze kurushaho.” Yarengejeho ‘emoji’ y’umutima ndetse n’impeta.

 

Mu gusubiza, Miss Muyango yabwiye Kimenyi ati “Ngukunda uko uri mukunzi, uri isi yanjye.” Yarengejeho ‘emoji’ y’umutima ashimangira ko yasaye mu nyanja y’urukundo rwa Kimenyi Yves.

SRC: Miss Muyango